ISIYOSE TV News

Trusted world wide News

isiyose ads

Breaking

Post Top Ad

Your Ad Spot

Thursday, 13 November 2025

Ntwari Fiacre yagize imvune ikomeye — Azamara amezi abiri hanze y’ikibuga | ISIYOSE TV

Ntwari Fiacre yagize imvune ikomeye — Azamara amezi abiri hanze y’ikibuga | ISIYOSE TV

Ntwari Fiacre yagize imvune ikomeye — Azamara amezi abiri hanze y’ikibuga

Johannesburg, Afurika y’Epfo — Umunyezamu w’Ikipe y’Igihugu “Amavubi” ndetse n’iya Kaizer Chiefs, Ntwari Fiacre, ari mu bitaro nyuma yo kubagwa urutugu, ndetse byemejwe ko azamara hafi amezi abiri adakina.

Ntwari Fiacre muri Kaizer Chiefs
Ntwari Fiacre ubwo yakinaga muri Kaizer Chiefs

Uyu munyezamu w’imyaka 26 yavunikiye mu mukino wa Kaizer Chiefs wakinwe mu mpera z’ukwezi gushize, bituma atongera kwitabazwa mu mikino yakurikiyeho. Abaganga b’iyi kipe batangaje ko azafata igihe cy’amezi abiri kugira ngo abanze gukira neza mbere yo gusubukura imyitozo.

Abakinnyi bagenzi be barimo abo bakinana mu Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ bamwifurije gukira vuba binyuze ku mbuga nkoranyambaga, aho bagaragaje ko bababajwe n’imvune ye ariko bizeye ko azagaruka akomeye kurushaho.

Ntwari Fiacre yerekeje muri Kaizer Chiefs mu mpeshyi ya 2024 avuye muri TS Galaxy, aho yari amaze kwigaragaza nk’umunyezamu ufite ubunararibonye n’ubuhanga bukomeye mu kubungabunga izamu.

Mbere yo gukomereka, yari amaze gukina imikino myinshi mu buryo bwiza, ndetse ubuyobozi bwa Kaizer Chiefs bwatangaje ko buzakomeza kumukurikirana bya hafi, kandi buhamya ko azagaruka afite imbaraga nshya.

Ku ruhande rw’Amavubi, Ntwari ntazitabira imikino mpuzamahanga y’uku kwezi kwa Ugushyingo, kuko u Rwanda rutazakina imikino ya gicuti. Umwiherero uteganyijwe uzitabirwa n’abakinnyi bakina imbere mu gihugu gusa.

Tubifurize gukira vuba Fiacre!

Source: igihe.com

Share this article

Facebook Twitter

No comments:

Post a Comment

ADVERTISE WITH US

Popular Oldest Post

Technology News

isiyose banner ads

Menu